Posts

Showing posts from February, 2021

INKURU Z'URUKUNDO WAZISANGA HANO

Image
Inkuru nziza y’urukundo y’umukobwa witwa Sy igice cya mbere                             1 Sy yari afite imyaka 17 ubwo yashyingirwaga na Long, umusore mwiza, yari umusirikare mu ngabo z’Abafaransa mu ntara ya Samneua muri Laos. Kubera imyaka ye, yari asanzwe afatwa nk’umukobwa ushaje. Mubisanzwe, muricyo gihe, abakobwa beza   bo kurongora bari hagati y’imyaka 13 na 15. Ariko Sy yagize amahirwe, we yari yarayirengeje.Yaje kubona   umugabo umukunda by'ukuri. Yari abayeho mu munyenga w’urukundo. Kimwe n'umugore wese ukunzwe n’umugabo, Sy yahoraga yishimye mu nzu itari nini ya sebukwe, ikikijwe n'ubusitani bwiza. buri gitondo, yitaga ku matungo,   bari boroye ingurube n'inkoko mbere yo kujya mu murima akabanza akazigaburira. Yarangiza agasanga nyirabukwe mu murima kumufasha guhinga. Igihe cyose nuko byagendaga, bataha nimugoroba, akenshi yajyaga gusoroma imboga zo guteka ibya nimugoroba. Aho yabaga yicaye hose yatekerezaga umugabo we, ya ryama akamurota kubera kum

Inkuru z'urukundo nziza cyane wazisanga hano

Image
  UBURYO IKOFI YIKOREYE INKURU NZIZA Y’URUKUNDO      Mugihe cya nimugoroba mu kabwibwi ndimo kwitahira, amaso yanjye abona ikintu imbere yanjye, nkomeje   kwitegereza mbona ni ikofi igaramye   mu muhanda. Maze ndayitoragura        ndayifungura ndebamo imbere kugirango ndebe niba hari indangamuntu yaba irimo maze nkabasha kubona aderese za nyirayo nkaba namushakisha. Maze Nsangamo amafaranga make  hamwe n'ibaruwa isa nkaho yari ibitswemo imyaka myinshi.   Ibahasha irimo ibaruwa, yari ishaje byo kwibazwaho cyane; Gusa hari hanariho inyandiko yasaga neza iriho aderese y'umuhanda yaho uwohererejwe ibaruwa yari atuye. Nahise mfungura nya baruwa kugira ngo ngerageze uko nabona amakuru ahagije y’uko nafasha nyirayo. icyantunguye nkimara kuyifungura ni itariki ibaruwa yandikiwe, yari yaranditswe mu mwaka 1957 mu kwezi kwa nzeri. Ibaruwa yanditswe hashize imyaka irenga 45.Inyandiko nziza umukono w'umugore yatunganijwe neza kurupapuro rwubururu, hamwe nururabyo rwiza rutukura ahagana
Image
pub-6321537653470959   IBINTU 7 WAMENYA KURI KANSERI Y’INKONDO Y’UMURA 1. IMPAMVU?   Hafi ya 99% by'iyi ndwara, iyi kanseri iterwa n’agakoko kitwa human papilomavirus (HPV) mu ndindimi z’amahanga. inzira imwe rukumbi iyi virusi inyura ikanakwirakwizwa ni mu nzira y’imibonano mpuzabitsina , iyi nzira yorohera cyane aka gakoko ka HPV kwinjira mu mubiri w’umuntu. Umuganga w’abagore witwa Delphine Hudry, wo mu kigo cy’indwara ya kanseri ya Oscar-Lambret (Lille), agira ati: “Mu buryo butandukanye n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, yo yandura ako kanya nubwo igitsina cy’umugabo kitaba kinjiye mu cy’umugore. (Mu ayandi magambo nubwo igitsina cy’umugabo ufite aka gakoko cya kora k’umunwa cyangwa k’umwinjiro w’igitsina cy’umugore)   Agakingirizo ntikarinda iyi virusi kubera ko ari nto cyane, ishobora kunyura mu twenge kwako. Ku kigereranya cya 80% by’abagabo n’abagore bazandura iyi virusi ya HPV byibuze rimwe mubuzima bwabo. Ku bagore benshi bafatwa n’iyi virusi ya

IBIMENYETSO BITANDUKANYE BIGENDANYE NO KUMVA IBINYA UMUBYEYI AGENDA YUMVA MUGIHE CYE CYO GUTWITA

Image
pub-6321537653470959 Ubundi mu Kinyarwanda iyo umuntu atwite ni umugisha, ndetse umubyeyi utwite arubahwa aho ari hose ahabwa agaciro. Hari ubwo bigaragara nkaho gutwita byoroshye cyangwa bitananiza ariko ababyeyi batwite bahura n’ububabare butandukanye mubihe byabo byo gutwita. Bamwe mu bagore bagira ibinya cyane cyane mu gihembwe cya gatatu cyo gutwita, ibimenyesto bitunguranye birimo kumva ibisa n’uduhwa tumujombagura mubiganza, mu ntoki, mu birenge, mu mugongo, mu matako cyangwa ku mabuno kugeza igihe azaba atagitwite (abyariye) ibi bimenyetso bitera umubyeyi guhangayika, kwibaza ibiriho kumubaho cyanene cyane abatwite inda yambere  Ibimenyetso Hano hasi urahabona ibimenyetso rusange  k’umubyeyi gutwitwa :    Kwiyongera kw’ibimenyetso mugihe ukangutse, ninjoro mu gicuku, cyangwa   mugihe  ukora twa movement tumwe na tumwe tw’umubiri.  Kumva utuntu dusa nkaho tumeze nk’udukwasi cg se udushinge tukujombagura, Gutakaza ibyiyumvo,(ugasa nkaho urugingo rutakuriho),  ukumva usa nkah